*📖 AMATEKA IMAM MUHAMMAD BUN ABDIL WAHHAB BIN SULAIMAN AL-TAMIIMIY (ALLAH AMUGIRIRE IMPUHWE) MU NSHAMAKE:*
• *Amazina ye n’inkomoko ye:*
Ni Sheikh Muhammad mwene Abdul Wahhaab mwene Sulayman mwene Aaliy. Akomoka mu muryango wa Aal-Musharraf, wo mu bwoko buzwi cyane bwa Bene Tamiim.
Akaba ari umuvuguruzi w’imyemerere ishingiye kubyo abatubajirije beza bariho, mu mujyi wa Naj’di (1) no mu tundi duce.
• *Ubuto bwe n’uko yize ndetse n’ibo yakoze n’igihe yapfiriye:*
Yavukiye mu mujyi wa Al-Uyay’na, hafi y’umurwa wa Riyadh, mu mwaka wa 1115 AH bihwanye na 1703 AD.
Yize Qur’an akiri muto, kandi yiga kuri se wari umucamanza (Qadwi) w’ako gace muri icyo gihe, ndetse yiga no ku bandi bamenyi bakomeye kandi bazwi bo muri Naj’di, Madinah, Al-Aḥ’saa (2), na Bas’ra (3), abona ubumenyi bwinshi cyane bwamufashije gutangira umurimo we wo kwigisha, no guhamagarira abantu ukuri, mu gihe ubuyobe bushingiye ku bidafite ishingiro n’ibimbano mu idini bwari bwarakwirakwiye cyane: icyo gihe abantu basengaga imva, ibiti n’amabuye.
Nuko Sheikh Muhammad (Allah amugirire impuhwe), atangira ivugabutumwa asukura imyemerere, no guharira Allah we nyine amasengesho.
Yananditse ibitabo byinshi cyane, muri byo:
1) Kitaab Al-Tawḥiid (Igitabo cyigisha guharira Allah ubumwe bwe):
Iki ni cyo gitabo cye kizwi cyane kurusha ibindi.
cyigisha ibijyanye n’ibokamana imwe rukumbi, kandi ko ariyo yonyine ikwiriye amasengesho, n’ibindi nk’ibyo...
2) Kash’f Al-Shubuhaat (Kugaragaza urujijo n’ibidasobanutse):
Ni igitabo gito kivuga ku bikoreshwa n’abayobya abantu mu by’idini, kikanasobanura uko umuntu yabyitwaramo.
3) Al-Uṣuul Al-Thalaatha (Imisingi itatu):
Ni igitabo gito ariko cy’ingenzi cyane, Imisingi itatu y’ingenzi umusilamu wese agomba kumenya: kumenya Imana, kumenya Intumwa yayo, no kumenya idini (Bishingiye kuri gihamya).
4) Al-Qawaa-idul Ar’baa` (Imisingi ine):
Ni igitabo gito kivuga ku misingi ine yerekeranye n’iyobokamana imwe rukumbi ndetse n’itandukaniro riri hagati yaryo n’ibangikanyamana.
5) Nawaaqiḍwul Islaam (Ibyamgiza ubuyislamu):
Ni igitabo gito kivuga ku bintu icumi umuntu yakora bigakuraho ubuyislamu bwe (akaba umuhakanyi), nko kubangikanya Allah n’ibindi biremwa mu kumugaragira n’ibindi...
6) Faḍw’lul Islaam (Agaciro k’ubuyislamu):
Ni igitabo gito gisobanura agaciro n’umwihariko wa Islam.
Nanone kandi uyu mumenyi yamaze ubuzima bwe bwose yigisha, ahamagarira abantu gusenga Allah wenyine, ategeka ibyiza kandi abuza ibibi, kugeza apfuye, aho yapfiriye mu mujyi wa Ad-Dir’iya hafi ya Riyadh, mu mwaka wa 1206 AH bihwanye na 1792 Miladi.
Yasize inyuma abanyeshuri benshi kandi bari bafite ubumenyi buhambaye, banaharanira ivuga butumwa Sheikh yariho.
Turasaba Allah ko yamuha ibihembo byinshi, kandi Ikazamuha n’ijuru ry’ikirenga. (4)
*_____________________*
(1) Naj’di: uyu munsi twavuga ko yaciwemo imigi ikurikira: umurwa mukuru wa Saudi Arabia “Riyadh”, umujyi wa “Qaswiim” gace gato k’umujyi wa “Haa-il”, ndetse n’igice cy’intara y’uburasirazuba, ariko uyu mumenyi yabaga mu mugi wa “Riyadh” y’ubu.
(2) Al-Aḥ’saa: ni umwe mu migi yo mu gihugu cya Saudi Arabia.
(3) Bas’ra: ni umwe mu mijyi yo mu guhugu cya Iraq.
(4) Ushaka amateka ye mu buryo burambuye kandi bwimbitse wareba mu gitabo: Muhammad mwene Abdil Wahhaab, ivugabutumwa rye n’amatekaye cya Ibun Bazz (Guhera kuri paje ya 09), ndetse no mu ntangiriro z’igitabo: Amasomo mu gusobanura ibyangiza ubusilamu cya Sheikh Swaleh mwene Fawzaan Aal-Fawuzan (Guhera kuri paje ya 13).
Mbarushimana Yasini
I'm proud to be a Salafi ( أهل السنة و الجماعة )
28/09/2024
https://youtu.be/mR88n0Sv7K4?si=pAsh3I44fx_4IHwE
UBUSOBANURO BW'IGITABO "UBUSALAFI NI IKI ?" Cya Sheikh Abdullah bun Abdil Rahim Al-Bukhari حفظه الله UCYENEYE KUBAZA CYANGWA GUSOBANUZA WANYURA AHA:-Facebook:https://facebook.com/albayaan01-WhatsApphttps://wa.me/+971551486394-Telegram:https://t.me/jBTkrT8bc6...
07/06/2024
```🔆ASSALAM ALYKUM WARAHMATULLAH WABARAKATUH 🔆
✨IMINSI ICUMI YA MBERE MU KWEZI KWA 12 (DHUL-HIJJAH)✨
🔆IBYIZA BY'IMINSI 10 YA DHUL-HIJJAH🔆
➥ ➥ NTA BIKORWA BYIZA WAKORA BYARUTA IBIKOZWE MURI IYI MINSI:
🎯Sheikh Ibun Uthaimin ALLAH amugirire impuhwe yaravuze ati:
{Yemwe bayisilamu, mu byukuri twe muri iyi minsi tugiye kwakira iminsi ifite agaciro, ariyo iminsi icumi (10) yo mu kwezi kwa Dhul Hijjah (ukwezi kwa Hijjah), Intumwa y'Imana SwallAllahu Alayhi Wassallama yayivuzeho igira iti: "Nta minsi ibikorwa byiza bikozwe muriyo bikundwa imbere ya ALLAH kurusha iyi minsi icumi (ya mbere mu kwezi kwa Dhul Hijjah)", baravuga bati: Yewe ntumwa y'Imana, kabone n'ubwo byaba ari ukurwana mu nzira y'Imana (ntibirusha agaciro ibikorwa bikozwe muri iyi minsi)? iti: "kabone n'ubwo byaba ari ukurwana mu nzira y'Imana, keretse umuntu wasohotse mu nzira y'Imana hamwe n'umutungo we ntihagire ikigaruka".
(Yakiriwe na Bukhary)
Ni mukore ibikorwa byinshi yemwe bayisilamu, ni mwibuke ALLAH cyane muri iyi minsi, mu mukuze mu musingize, munahamye ko ariwe wenyine ukwiye gusengwa, musome Qor'aan, musali, mutange amaturo, n'ibindi bikorwa ngaragiramana, kugirango mukore ibyo ALLAH akunda, no kugirango muyisibe, kubera ko igisibo kiri mu bikorwa byiza bihambaye}.```
https://t.me/Kwegereza/550
*•┈┈••✦🔹✦••┈┈•*
```⚠️ TUBIGEZE KU BANDI MU RWEGO RWO GUSAKAZA IBYIZA.```
Ngaho umva unumvire Intumwa ibi yavuze:
لا يزال طائفة من أمتي على الحق منصورة لا يضرهم من خالفهم حتى يأتي أمر الله...
Hazahoraho itsinda rizakomeza kuba ku kuri no ku kugaragaza (ukuri ko nazanye) ntacyo bazabatwara babandi bazanyuranyo n'iryo tsinda kugeza imperuka ibaye.
Hanyuma iryo tsinda turimenya gute i?➡️ turimenya iyo Dusomye ibyo Intumwa swalallah alayhi wa salam yarivuzeho muri hadiith:
" و ستفترق هذه الأمة على ثلاث و سبعين فرقة كلها في النار إلا واحدة، قالوا وما هي ؟ قال:ما كان على مثل ما أنا عليه اليوم و أصحابي،
Kand niyi ummat yange (abaislam) bazacikamo ibice 73 byose ni ibyo mu muriro (kuberako bazaba baratannye ku nzira yange kand bibwirako bayiriho) uretse rimwe, Barayibaza bati iryo rimwe (rizarokoka Umuriro) nirihe ? Arabasubiza ati : ni Abazaba bari kubyo nge na baswahaba bange turiho uyu munsi.
🌼Iryo tsinda rizaguma kubyo abaswahabwa n'Intumwa bariho turibwirwa niki ? ➡️Turibwirwa nuko rikurikira *Quran na sunnat rigasobanukirwa nkuko abaswaha n'ababakurikiye beza basobanukiwe idiin* ,
Allah ati:
"وما آتكم الرسول فخذوه و ما نهاكم عنه فانتهوا"
"Ibyo Intumwa yabazaniye mubishikameho hanyuma ibyo yababujije bubihungire kure. (Suuratul hashri 7)
Na none akavuga ati (Allah):
" و إن تطيعوه تهتدوا "
NIMURAMUKA MUMWUMVIYE (NIMWUMVIRA IBYO INTUMWA MUHAMMAD YABAZANIYE) muzayoboka (suuratu annur 54)
📚Ese Niki kigaragaza ko iryo tsinda ariryo riri ku kuri ? ➡️ Nuko ryubahiriza ibyo yavuze, rikanagendera kure ibyo yihanangirije byose byumwihariko *SHIRK* *N'IBIHIMBANO* ,
✍🏽Ese hari izina Intumwa yaba yarise iryo tsinda?
➡️YEGO RWOSE YARYISE AMAZINA MENSHI HARIMO IRYO TWAVUZE HARUGURU ( طائفة منصورة Atwaaifatul man'suuratu : itsinda rirokorwa na Allah kugwa mubihimbano no kuzajya mu muririo)
No muri ayo mazina hari niri TUVANA MURI DALILI TWAVUZE HARUGURU ⬇️
*AH'LU SUNNAT WAL' JAMAA'Aعt :* abari kuri sunnat ndetse banashyira hamwe ku kumvira Allah .
19/03/2024
```ASSALAM ALYKUM WARAHMATULLAH WABARAKATUH```
9️⃣
```IBIJYANYE NO KUMIRA IGIKORORWA MU GISIBO:
{lyo kitageze mu kanwa ntabwo gituma umuntu afungura, naho iyo kigeze mu kanwa maze akakimira, harimo imvugo ebyiri z'abamenyi:
1. Bamwe baravuze bati: Gituma umuntu afungura, nk'biribwa ndetse n'ibinyobwa.
2. Abandi bati: Ntabwo gituma umuntu afungura, nk'amacandwe.
Gusa ikingenzi ni uko umuntu agomba kureka igikororwa ntagerageze kugikurura mu kanwa agikuye mu muhogo we, ariko igihe kije mu kanywa ajye ahita agisohora, yaba yasibye cyangwa atasibye. Naho ibijyanye no kuba gituma umuntu asiburuka ibyo bikeneye gihamya igaragaza ko kiba cyangiritse}.
[Maj'muu Fatawa Ibun Uthaymin: 355/19]
```
https://t.me/Kwegereza/354
*•┈┈••✦🔹✦••┈┈•*
```⚠️ TUBIGEZE KU BANDI MU RWEGO RWO GUSAKAZA IBYIZA.```
18/03/2024
ESE RAMADHAN NI UKWEZI K'UMIGISHA CG GUTAGATIFU ? RAMADHAN NI UKWEZI K'UMUGISHA , NKUKO BYAJE MURI HADITH .
17/03/2024
https://youtu.be/zRvyVILV8Cg?si=1WjGxnC8BetDxdks
GUSUBIZA ABASHIYA KURUJIJO BAZANA KW'ISENGESHO RYA TARAWEH ESE ISENGESHO RYA TARAWEH NI BIDA'A ?NB: ABASHIYA NI AGATSIKO KAYOBYE .!
16/03/2024
```ASSALAM ALYKUM WARAHMATULLAH WABARAKATUH```
7️⃣
```UMWANYA KUMIRA AMACANDWE bifite MU GISIBO:
{Ntacyo bitwaye kumira amacandwe mu gisibo, kuberako bigoye kwirinda kuyamira}.
[Maj’muu Fatawa Ibun Baz: 313/15]
```
https://t.me/Kwegereza/350
*•┈┈••✦🔹✦••┈┈•*
```⚠️ TUBIGEZE KU BANDI MU RWEGO RWO GUSAKAZA IBYIZA.```
Katika Fiqhi ya Maalikiyah
ترك القراءة خلف الإمام فيما جهر فيه
Kuacha kusoma qur-ani nyuma ya Imamu anapodhihirisha kisomo.
عن مالك، عن نافع، أن عبد الله بن عمر كان إذا سئل: هل يقرأ أحد خلف الإمام؟
Kutoka kwa maalik kutoka kwa Naafii ya kwamba Abdullahi ibn Umar alikuwa anapoulizwa : je,anasoma yeyote nyuma ya imamu?
قال: «إذا صلى أحدكم خلف الإمام فحسبه قراءة الإمام، وإذا صلى وحده فليقرأ»،
Anasema:((Atakaposwali mmoja wenu nyuma ya Imamu basi kinamtosheleza kisomo cha imamu,na ikiwa ataswali pekee ake basi na asome))
قال: وكان عبد الله بن عمر لا يقرأ خلف الإمام.
Akasema:na alikuwa Abdullahi ibnu Umar hasomi qur-ani nyuma ya Imamu.
قال مالك: الأمر عندنا أن يقرأ الرجل وراء الإمام،فيما لا يجهر فيه الإمام بالقراءة، ويترك القراءة فيما يجهر فيه الإمام بالقراءة.
Amesema Maalik:Jambo lililopo kwetu sisi ni kwamba mtu asome nyuma ya Imamu , ikiwa Imamu hadhihirishi kisomo , na aache kusoma wakati wa Imamu anadhihirisha kisomo.
كتاب الموطأ 1/239
Abuu Nuumaan Al-Haarith
Abuu Muslim Muh'sin Al Ssalafy
15/03/2024
```ASSALAM ALYKUM WARAHMATULLAH WABARAKATUH```
5️⃣
```NI UWUHE MWANYA BIFITE GUKORESHA UMUTI WO GUTONYANGIRIZA MU ZURU KU WASIBYE?
{Aramutse ashize mu mazuru ye igitonyanga cy'umuti kikinjira munda ye icyo gihe arasiburuka (igisibo cye kikangirika) iyo yabikoze abishaka}.
[Maj’muu Fatawa Ibun Uthaymin: 205/19]
```
https://t.me/Kwegereza/344
*•┈┈••✦🔹✦••┈┈•*
```⚠️ TUBIGEZE KU BANDI MU RWEGO RWO GUSAKAZA IBYIZA.```
14/03/2024
ESE GUSIBA URI KURUGENDO BIREMEWE ? NKUKO BYAJE MURI QOR'AN NA SUNNAT : IYO UMUNTU ARI KURUGENDO ,ALLAH YAMWEMEREYE KURYA . QOR'AN SURAT AL BAQARAT AYAT (184)
13/03/2024
```ASSALAM ALYKUM WARAHMATULLAH WABARAKATUH```
3️⃣
```NI UWUHE MWANYA IPOMPO Y'INDWARA YA ASIMA (ASTHMA) IFITE IGIHE UMUNTU YASIBYE?
{Umuti wa Asima (Asthma) ni Gaze (Gas), nta kindi kintu kirimo usibye umwuka ufungura imyenge ya arterial kugira ngo umuntu ahumeke bimworoheye, ibi rero ntabwo bituma umuntu asiburuka nta nubwo byangiza igisibo, biremewe ko uwasibye awukoresha n’igisibyo cye kikaba ari cyo}.
[Maj’muu Fatawa Ibun Uthaymin: 210/19]
```
https://t.me/Kwegereza/340
*•┈┈••✦🔹✦••┈┈•*
```⚠️ TUBIGEZE KU BANDI MU RWEGO RWO GUSAKAZA IBYIZA.```
Click here to claim your Sponsored Listing.
Location
Category
Contact the school
Telephone
Website
Address
King Khalid University
Abha
1233