11/11/2023
Amahirwe aboneka rimwe gusa Waba wifuza kureba umupira wumwimerere join us on 12nd November 2023 Tapis Rouge 14h00’
THE WINNERS FC Junior vs POLICE FC Junior.
And
Kubatuye I Muhanga join us in D2 Competition on 12th November 2023 at Muhanga stadium.
THE WINNERS FC Vs INTERFOCE FC, Aho watamo hose ntiwakwicuza kumwanya ufashe wo kureba izo Match.
09/09/2023
Uyu munsi kwa Gatandatu ku italiki ya 09/09/2023 saa 14h00” kukibuga cya Nyamasheke haberaga umukinno wa 1/8 muri Shampiyona yikiciro cya gatatu D3 wahuzaga THE WINNERS FTC na NYAMASHEKEE FC, aho umukinnyi urangiye ari ibitego 2 bya THE WINNERS FTC KURI 1 cya NYAMASHEKE FC. Umukino wo kwishyura uteganyijwe kuri uyu wa 3 kuri STADE ya karere ka Muhanga.
18/08/2023
Nyuma yo kubamenyesha ko THE WINNERS FTC izakina icyiciro cya Gatatu (D3) ubu izamutse mu itsinda Ari iya mbere aho yariherereye mu istinda ry’Amajyepfo ryari riginzwe na: THE WINNERS FTC, Bright Soccer Club, IBISI Football Club, Imfala Academy, Ass Kamonyi, As HUYE. Aya ni amwe mumafoto yaranze imikino THE WINNERS FTC Yakinyemo nayo ma Ekipe.
06/02/2023
Pure young talented players look for THE WINNERS Football Training Center.
The Winners U-17 FC, yegukanye igikombe cyabatarengeje imyaka 17 mu bahungu cyateguwe na FERWAFA mu mwaka w'imikino 2022-2023 itsinze Indangamirwa U-17 igitego 4-0. (Irushanwa ryatangiye ku wa 16/04/2022 kugeza ubwo umukino wanyuma wabaye ku wa 05/02/2023.)
https://www.youtube.com/watch?v=0eRqzy63z3k
https://twitter.com/ferwafa/status/1622203541258477570?s=12&t=kR8zZKEpCU-W-4Cz1evD3A
05/02/2023
ESPERANCE FC 1_1 THE WINNERS FC,
The Winners FC yatangiye imikino yo kwishyura yikiciro cya kabiri (phase Retour) aho yanganyije na Esperance FC igitego 1 kuri 1 kuri sitade ya GASIZA aho Ikipe ya Esperance FC yakiriye THE WINNERS FC ku wa 2/02/2023.
ESPERANCE FC yatangije ifungura amazamu ku munota wa 25 w'igice cya mbere THE WINNERS FC yaje kwishyura igite kumunota wa 70 igitego cyatsinzwe na NTEGEREJUWERA Sept.
07/12/2022
THE WINNERS FC 2_1 HEROES FC, THE WINNERS FC nyuma yo gutakaza umukino wabahuzaga n’ikipe y’Intare fc, The winners fc ku wa 27/11/2022 yasanze Heroes Fc ku kibuga cyayo Bugesera Stadium, THE WINNERS FC Ihatsindira ibitego Bibiri kuri kimwe igitego cya mbere cyatsinzwe na SHINGIRO Honore kumupira mwiza yahawe na NIYONSENGA Eric ku munota wa 20 w’igice cya mbere, igice cya kabiri kiri kurangira ku munota wa 80 nibwo Heroes fc yabonye igitego cyo kwishyura ariko THE WINNERS FC Ntiyacitse integer kuko baje kongeraho iminota 5 nibwo NTEGEREJUWERA Sept yateye umupita ufite ingufu mu izamu rya Heroes fc umuzamu ntiyabasha kuwufata neza uzanga UHIRIWE Robert wari wijiyemo asimbuye aba ateretsemo igitego cyagashingura cumu kuruhande rwa THE WINNERS FC umupira urangira ari HEROES FC 1- 2 THE WINNERS FC.
14/11/2022
THE WINNERS FC mubyishimo byinshi itangiranye sahmpiyina 2022-2023 itsinda ibitego bitanu (5)
Numukino wayoroheye cyane kuko yatsinze (THE WINNERS FC 5-1 ESPERANCE FC) umukino wabaye kuri uyu wa Gatandatu ku wa 12/11/2022 saa kenda (15h00')
Kumunota wa 20' w'igice cya mbere The Winners FC yarifunguye amazamu kugitego cyatsinzwe na NSENGIMANA Adeodatus kumupira yahawe neza na Niyomugabo Joseph n'umukinnyi witwaye neza muri uyu mukino aho yagize uruha mu bitego 4.
Kumunota wac28' Igitego cya kabiri cyari kibonetse gitsinzwe na KWIZERA Jean lienne kuri free kick yateye neza ku ikosa bari bakoreye Niyomugabo Joseph.
Icya gatatu cyabonetse kumunota wa 30' gitsindwa na NSHIMYUMUREMYI Gilbert kuri penalty ku ikosa ryakorewe Niyomugabo Joseph wakomeje gukoresha amahirwe yabonye. Nyumaho gato igice cya kabiri gitangiye kumunota wa 19'
Niyomugabo Joseph yifatiye umwanzuro acenga umuzamu ndetse n'aba defenders abona kutsinda igitego cya kane.
Kumunota wa 33' BYIRINGIRO Fabrice kumupira mwiza yahawe na Ntegerejuwera Sept yateretsemo igitego cya gatanu.
Umukino wasojwe nigitego kimwe rukumbi ikipe ya ESPERANCE FC yabonye muri uyu mukino kumunota wa 40' wigice cya kabiri.
Ndore ngiyo video y'ibitego.
https://youtu.be/OXRePwiKkBs
16/05/2022
Mu mukino waruteganyijwe ku wa Gatandatu taliki ya 14/05/2022 THE WINNERS FC yarifitanye na LA JEUNESSE FC amakipe yanganyirije kuri stade MUMENA igitego kimwe kuri kimwe (THE WINNERS FC 1-1 LA JEUNESSE FC) umukino waranzwemo ishyaka ryishii nubwo LA JEUNESSE FC yabaje igitego ku munota wa 70 THE WINNERS FC ntiyacitse intege ahubwo yo komeje kotsa igitutu ikipe ya LA JEUNESSE FC ndetse izakwishura igitego mu minota yinyongera y'umukino gitsinzwe na Ntegerejuwera sept kumupira waruvuye muri koruneri.
THe Winners FC success no losers.
07/05/2022
THE WINNERS FC ITANGA ISOMO RYA RUHAGO KURI HEROES FC. (THE WINNERS FC 2_0 HEROES FC) mu mukino wabereye kuri sitade ya Bugesera uyu munsi 07/05/2022 saa munani, The Winners FC ihatsindiye ibitego 2 kubusa bwa Heroes fc kumunota wanyuma w'igice cya mbere kuri Penaliti yatewe na Ntegerejuwera sept aza no gutsinda igitego cya kabiri kumunota wa 75 k'umupira yahawe na Adeodatus. Ndetse no mu mukino wabereye kuri sitade ya Muhanga The Winners fc yatsinze Heroes fc ibitego 2 kubusa.
02/05/2022
Mumukino wabaye ejo ku wa 01/05/2022 THE WINNERS FC yongeye kwandika amateka aho imaze imikino itatu idatsinzwe, ejo yanyagiye ikipe GASABO UNITED ibitego 2 kubusa byose byabonetse mukice cya mbere cy'umukino nubwo imvurayo itoroheraga abakinnyi mukibuga, kumunita wa 1 kumupira mwiza yarahawe na Sibomana Shami Canort, ISHIMWE Alain Cedrick aba atsinze igitego cyambere kumunota wa 25 NTEGEREJUWERA Sept atsinda igitego cya kabiri. THE WINNERS FC 2 - 0 GASABO UNITED.
01/05/2022
Muhawe ikaze kuri iki cyumweru ku wa 01.05.2022 mu mukino uribuhuze THE WINNERS FC n'ikipe ya GASABO UNITED Ese koko THE WINNERS FC irongera itsinde undi mukino kuri sitade ya karere ka Muhanga?