07/07/2015
Icyo ubushakashatsi
bwagaragaje ku gucana
inyuma kw’abashakanye mu
Rwanda
Imibare y’igenzura ku mibereho
y’abaturage (DHS ) mu mwaka wa
2014/2015 igaragaza ko abagabo
aribo baryamanye n’ abagore
barenze babiri mu mezi
12,ikanerekana ko gucana inyuma
kw’abashakanye kwiganje cyane
mu mijyi kurusha mu byaro.
Ubu bushakashatsi ‘DHS’
bwakorewe ku bagore 13,497
n’abagabo 5585 bose bari mu
kigero cy’imyaka 15 na 49 mu
gihugu hose bwashyizwe
ahagaragara n’Ikigo cy’Igihugu
cy’Ibarurishamibare kuwa 12
Kamena 2015.
Abagore 0.3% babana n’abo
bashakanye bemeye ko
baryamanye n’abagabo barenga
babiri batandukanye mu mezi 12
ashize, mu gihe abagabo babana
n’abagore babo 6.2% mu
bakoreweho ubushakashatsi
bemeye ko baryamanye n’abagore
barenze babiri batandukanye mu
mezi 12 ashize.
Ku bagabo, abaryamanye n’
abagore barenze babiri mu mezi
12 ashize, abagabo ni 7.1% mu
mijyi, naho mu cyaro bakaba
3.9%.
Abakobwa batarashaka
baryamanye n’ abagabo barenze
babiri mu mezi 12 ashize ni 0.8%,
mu gihe ku bagore batakibana n’
abo bashakanye , baratandukanye
cyangwa umwe yarapfuye uyu
mubare ugera kuri 2.3%.
Ku bagabo ho iyi mibare iriyongera
cyane kuko abatarashaka
baryamanye n’ abarenze babiri mu
mezi 12 ashize ari 2.7%, mu gihe
abagabo batakibana n’ abo
batandukanye, baratandukanye
cyangwa umwe yaritabye Imana,
10.6% baryamanye n’ abarenga
babili.
Igaragaza kandi ko gucana inyuma
byiganje cyane mu mijyi, kuko
mubagore babajijwe, 1.4% yemeye
ko yaryamanye n’ abagabo barenga
babiri ni abo mu mijyi, mu gihe
mu cyaro ari 0.5% ari abo mu
cyaro.
Mu bakoze imibonano
mpuzabitsina bose, mu bagore
200 babajijwe, abakoresheje
agakingirizo ubwo baheruka
kuyikora ni 64.4% mu mijyi na
38.1% mu cyaro, bose hamwe
bakaba 48.4%.
Mu bagabo 552 babajijwe,
abakoresheje agakingirizo ubwo
baheruka gukora imibonano
mpuzabitsina ni 57.7% mu mijyi
na 17.9 mu cyaro, bose hamwe
bakaba 30.9%.
Raporo y’Ikigo cy’igihugu
cy’ibarurishamibare inerekana ko
abagabo 95% bitabira kwirinda
icyorezo cya SIDA bakoresha
agakingirizo, mu gihe abagore
bakitabira bagera kuri 91%. Bivuze
ko mu bacana inyuma bashobora
kwandura SIDA, bakanduza
bagenzi babo.
Ubushakashatsi bwakozwe na BBC
mu mwaka wa 2005 mu bihugu 53,
bwagaragaje ko abagabo aribo
bashaka gukora imibonano
mpuzabitsina kenshi, bafata
umwanya munini wo
kuyitekerezaho kandi ibyiyumviro
byabo byo kuyishaka
bigahindagurika kenshi
ugereranyije n’abagore.